Rwanda | Nyamasheke: Urwego rw umuvunyi rwasabye akarere gukurikirana imikorere y abunzi
Mu muhango wo gusoza icyumweru urwego rw’umuvunyi rwari rwageneye akarere ka Nyamasheke mu rwego rwo kugafasha guhugura abaturage ku burenganzira bwabo n’uruhare basabwa mu guca akarengane na ruswa, ndetse no gukemura ibibazo by’abaturage, wabaye tariki ya 15/09/2012, urwego rw’umuvunyi rwasabye akarere gukurikirana imikorere y’abunzi kuko ngo usanga bifata nk’abacamanza aho kunga abaturage.
Rumaziminsi Ntagwabira Seraphin, umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya no gukumira akarengane mu rwego rw’umuvunyi, yasabye abunzi kuba abunga abaturage aho gutuma bakomeza kujya mu zindi nkiko.
Rumaze iminsi yagize ati: “Abunzi kenshi bifata nk’abacamanza kandi bashinzwe kunga abafitanye ibibazo. Kuko iyo (abaturage) bavuye mu bunzi bagatangira imanza mu nkiko zisanzwe ni bwo baba batangiye inzira z’inkiko mu by’ukuri.”
Kubwe, ngo abunzi bakoze imirimo yabo uko bikwiye bagafasha abavandimwe n’abaturanyi ku bibazo bafite bishobora gukemukira mu nzego zo hasi, maze abaturage bakabona uko bakora imirimo ibateza imbere ndetse n’igihugu muri rusange aho kwirirwa biruka mu nkiko.
Urwego rw’umuvunyi rwashimiye akarere ka Nyamasheke uburyo kagaragaza ubushake mu gukemura ibibazo by’abaturage ndetse bakanandikira umuturage uko buri rwego rukemuye ikibazo, ubuyobozi bukaba bwasabwe gukomereza aho bugeze.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko iyi minsi itanu urwego rw’umuvunyi rumaze muri aka karere yabaye ingirakamaro kuko rwabashije gukemura ibibazo byinshi byahozaga abaturage mu nzira, ndetse na bamwe batari baranyuzwe n’imyanzuro rukaba rwarabasobanuriye ko nta kundi byagenda byakabyakira nk’uko umuyobozi w’akarere Habyarimana Jean Baptiste abitangaza.
Buri munyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge yagejejweho ibibazo byihariye byabonetse mu murenge we maze agahabwa umwanya wo kwerekana uko yiteguye kubikemura, kuburyo ngo bibashije kugerwaho abaturage baca ukubiri n’ibibazo maze bakayoboka umurimo.
Muri rusange ibibazo byakunze kugaragara ni ibishingiye ku masambu n’amakimbirane yo mu ngo, naho ibyihariye hakaba haragaragaye ibirebana n’imitungo y’abantu baturiye umuhanda Buhinga-Tyazo uri gukorwa ikaba itarabaruwe, urwego rw’umuvunyi rukaba rwasabye akarere n’ikigo gishinzwe guteza imbere gutwara abantu n’ibintu (RTDA) kubikurikirana bigakemuka byihuse.





