News »

Refugee’s reintegration process gets funding

May 17, 2013 – 1:19 pm |

The Government of Japan through its supplementary budget has given USD3 million to the International Organization for Migration’s (IOM), which will be used to fund humanitarian activities of reintegration for 5,000 Rwandan returnees and other …

Read the full story »
Bills and Laws
Courts & Agencies
Forum
Human Rights
Legal Aid
Home » News

Rwanda : Kwishyura imitungo yangijwe muri Jenoside biracyagaragamo ibibazo bibangamira ubumwe n’ubwiyunge

Submitted by on September 16, 2012 – 7:11 amNo Comment

KwishyuraimitungoyangijwemuriJenosidebiracyagaragamoibibazobibangamiraubumwen’ubwiyunge

Abayobozi b’inzego z’ibanze n’abahagarariye IBUKA na AVEGA bitabiriye ibiganiro bya NURC

 Nyuma y’isozwa ry’inkiko Gacaca, kwishyura imitungo yangijwe n’iyasahuwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’i 1994 biracyagaragamo ibibazo bibangamira ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda.

Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge bugaragaza ko bamwe mu basahuwe n’abangije imyaka bafite ubushobozi banze kwishyura bagahisha imitungo yabo mu bandi bantu cyangwa ntibagaragaze amikoro yabo.

Mu biganiro byateguwe na Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge byatangiye kuri uyu wa kane, tariki 13/09/2012 bikazamara iminsi ibiri, hagaragajwe ko ibyo bigira ingaruka ku iterambere ry’igihugu kuko birinda kubaka amazu no gushora imari mu bikorwa by’iterambere  bitandukanye kugira ngo batamenya ko bafite amafaranga.

 

Kwishyura imitungo byakuruye urwikekwe hagati y’abishyuzwa n’abishyura ndetse n’umutekano muke ku bacitse ku icumu aho bamwe babwira amagambo asesereza no guhorana ubwoba bwo kugirwa nabi n’abo bishyuza; nk’uko Kananga Richard, umukozi wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge yabitangaje.

Igikorwa cyo kwishyuza kidindizwa n’abahesha b’inkiko bakirangwa n’amarangamutima, bakanakingira ikibaba abo bafitanye isano kandi  bakananga kwiteranya n’abaturanyi  babo cyangwa inshuti.

Abitabiriye ibiganiro basanga kuba abantu batavuga rumwe ku mateka y’u Rwanda ari ikibazo ku bumwe n’ubwiyunge cyane cyane ku mateka akwiye kwigishwa abana mu mashuri  yaba abanza n’ayisumbuye.

Komisiyo yateguwe ibi biganiro mu rwego rwo kungurana ibitekerezo n’abantu banyuranye mbere yo gutangiza ibiganiro mu baturage (community dialogue) bigamije kwimika umuco wo kujya impaka no kuvugisha ukuri ku bibazo by’umuryango  nyarwanda.

Ibiganiro byabereye mu Karere ka Gakenke byitabirwa n’abayobozi b’inzego z’ibanze batandukanye n’abahagarariye imiryango iharanira inyungu z’abacitse ku icumu ari yo IBUKA na AVEGA.

  

 

 

Leave a comment!

Add your comment below, or trackback from your own site. You can also subscribe to these comments via RSS.

Be nice. Keep it clean. Stay on topic. No spam.

You can use these tags:
<a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>

This is a Gravatar-enabled weblog. To get your own globally-recognized-avatar, please register at Gravatar.

Follow

Get every new post delivered to your Inbox

Join other followers