Rwanda : Hashyizweho gahunda yo kuburanira abahesha b’inkiko mu rwego rwo guca umuco wa ntiteranya
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James arasaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari guca imanza neza nta bwoba kuko bashyiriweho gahunda yo kubaburanira mu nkiko mu gihe cyose bakurikiranwa.
Ibi minisitiri akaba abitangaje nyuma y’uko aba bayamabanga nshingwabikorwa b’utugari baba bahawe inshingano zo kuba abahesha b’inkiko batari ab’umwuga bahura n’ibibazo byo gukurikiranwa mu nkiko mu gihe barangije imanza.
Aha minisitiri Musoni akaba avuga ko ibi bitagakwiye kubatera ubwoba kuko ngo batazongera gukurikiranwa mu nkiko mu gihe cyose baciye imanza zabo neza kuko ngo ibyo baba bakoze byose babikora mu izina rya leta.
Minisitiri Musoni ati: “umuhesha w’inkiko nace urubanza uko bikwiye kandi uko itegeko ribiteganya nakurikiranwa mu nkiko n’abatishiniye urubanza, leta niyo izakurikiranwa, mandateur aburane n’urega umuhesha w’iniko yibereye mu kazi ke”.
Ariko kandi haravugwa ikibazo cya bamwe muri aba banyamabanga nshingwabikorwa bashinjwa kurya ruswa mu gihe cy’imanza maze bakazigoreka.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rwezamenyo, uhagarariye abagitifu b’imirenge bose mu gihugu, Alexis Semitari avuga ko abagitifu barya ruswa bahari.
Agira ati: “hari ababona urubanza rwaje agatangira kurubonamo amafaranga, wamusaba kumwishyuriza miliyoni eshatu akumva ko hariho n’aye kugirango rugende neza kandi hari inzira zashyizweho zo gukurikizwa kugirango imanza zirangizwe nta ngorane”.
Aba banyamabanga nshingwabikorwa b’utugari baratangaza ko kuba hashyizweho gahunda yo kujya baburanirwa na leta bizafasha guca umuco wa ntiteranya wari ukunze kugaragara mu manza bamwe baburanishaga.




