Rwanda : GISAGARA: GUSEZERANA MU MATEGEKO BYAZANIYE UBURENGANZIRA UMUGORE N’UMWANA
Mu gihe inzego zitandukanye z’ubuyobozi usanga zidahwema gukangurira imiryango ibana mu buryo butemewe n’amategeko gusezerana, ngo iki gikorwa uretse kuba cyongerera ababana agaciro, ngo kinagabanya amakimbirane hagati y’imiryango. Mu karere ka Gisagara ho ngo cyazaniye umugore n’umwana uburenganzira.
Mu gihe bamwe mu bagabo hari abavuga ko iyo abagore basezeranye byemewe n’amategeko ngo hari ubwo usanga baba bameze nk’abahawe uburenganzira bwo gusuzugura abo bashakanye bitwaje ko bashyingiwe byemewe n’amategeko, abagore bo baravuga ko bituma bo n’abana babo bagira uburenganzira busesuye mu muryango.
Pascal HITIMANA wo mu murenge wa Save aragira ati “Ntitwanze amasezerano kuko jye naranayakoze, ariko hari bamwe mu bagore babyitwaza bagashaka gusuzugura abagabo babo mu ngo, ariko ubundi ni byiza gusezerana”
MUKAMWIZA Marigarita umugore w’imyaka 45 ukomoka mu murenge wa Kibirizi avuga ko yamaze imyaka 13 abana n’umugabo we ariko muri icyo gihe cyose ngo akaba yarumvaga nta mutekano.
Yagize ati: “Mu gihe nabanaga n’umugabo tukarinda aho tugira abana batanu nahoraga mfite ubwoba ko umugabo yanyirukana cyane ko ndi mu bantu batajijutse nkahora nibwira ko umugabo azajya anzanira inshoreke kandi nta burenganzira mufiteho. Aho batangiririye gusezeranya abantu mu gihiriri naje gusaba umutware wanjye ko twajya gutera igikumwe mwumvisha ko bifitiye inyungu abo mu rugo twese anyemerera ko tugomba gushyingirwa, none ubu numva ntekanye”.
Mu gihe kubana mu mategeko byirengagijwe, umugore ntiyitwa umugore, umugabo nawe bikaba uko, ku mwana byo bikaba ikibazo kuko umwana abadafite umubyara. Ibi kandi bikagira ingaruka zikomeye ku mubyeyi n’umwana kuko uwo twavuga ko ari umugore aba adafite uburengazira ku mititungo y’umugabo babyaranye, umwana nawe akaba adafite se umubyara.
Jean Claude KABALISA umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Save yagize ati:” Iserano ryo gushyingirwa rigendana n’uburenganzira butandukanye haba ku mugabo, umugore ndetse n’umwana. Mu gihe rero abashakanye babana mu buryo butemewe n’amategeko amategeko nabo ntabazi nk’umugabo n’umugore ndetse n’abana ntibagire se uzwi. Ni byiza rero ko habaho amasezerano mu bashakanye kugirango n’amakimbirane mu miryango ntagaragare”.
Abaturage babana mu buryo butemewe n’amategeko bashimye gahunda Leta yashyizeho yo gusezeranya imiryango yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko kandi ku buntu, ibi bakaba babibonamo umuti w’ibibazo byo gukumira amakimbirane no guha agaciro abashakanye hagati yabo.








