Rwanda | Nyarugenge: umugabo yatawe muri yombi yiba insinga z’amashanyarazi
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Muhima yataye muri yombi umugabo wibaga insinga z’amashanyarazi.
Rutagengwa Etienne w’imyaka 28 wafashwe mu masaha ya saa moya z’ijoro yiba izo nsinga mu kagari ka Rugunga ngo yashakaga kujya kuzigurisha ku mugabo witwa Nzeyimana utuye i Gikondo mu karere ka Kicukiro.
Insinga uyu mugabo yibandagaho ngo ni izikoze muri copper kuko bazigurisha n’abandi bacuruzi bazijyana kuzicuruza hanze y’imipaka y’u Rwanda nk’uko polisi ibitangaza.
Ingeso yo kwiba insinga z’amashanyarazi yari yaragabanutse nyuma y’aho polisi ifatanije n’ikigo gishinzwe ingufu, amazi n’isukura (EWSA) bifatiye ingamba zikarishye ku baziba, polisi ikaba isaba ko buri wese yaba maso ngo icyo cyaha gishaka kubura umutwe cyongere gihashywe.
Ubufatanye hagati y’inzego z’umutekano, EWSA n’abaturage bukaba bukenewe ngo ubwo bujura bucike burundu.








