Rwanda : Gereza ya Muhanga igiye kugirwa iy’abanyantege nke gusa
Munisitiri w’umutekano mu gihugu akaba ari nawe ufite mu nshingano ze amagereza n’abagororwa, Musa Fazili Harerimana avuga ko gereza ya Gitarama igiye kugirwa gereza y’abanyantege nke gusa.
Misisitiri Harerimana avuga ko abandi bagororwa batari muri iki cyiciro bazimurwa bakajyanwa mu yandi magereza, abandi bari muri iki cyiciro bose mu gihugu bakazanwa muri iyi gereza ya Gitarama.
Iki cyiciro kigizwe n’abagore, abana n’abagabo barangwa n’ibibazo by’ubunyantegenke. Minisitiri avuga ko impamvu iyi gereza igiye kugirwa gereza y’abanyentege nke ari uko idafite ubutaka buhagije bwo kuba bwafasha abagororwa gukoreramo imirimo y’ubuhinzi.
Nyamara ariko ngo iyi gereza ifite ahantu abafite intege nke bazajya bakorera imirimo yoroheje nk’aho abagore bazajya babohera imitako, uduseke n’ibindi bikunzwe mu gihugu ndetse no mu mahanga. Ibi ngo bizafasha abakora akazi kamwe guhuza imbaraga bakajya bakora ibintu byinshi kandi bimeze neza.
Muri iyi gereza kandi niho hari amashuri azajya afasha abana bavukiye muri gereza cyangwa n’abandi ba nyina bazajya bazana muri gereza kwiga. Iri shuri ryatangijwe muri iyi gereza akaba ari ishuri ry’abana b’incuke aho bigishwa ubuzima bwo hanze cyane ko abenshi ntabyo baba bazi kubera kudahura n’abandi.
Abagabo nabo bafite ibibazo by’ubunyantege nke nabo bazajya bafungirwa muri iyi gereza ngo bazafashwa gukora imirimo yoroheje. Ibikorwa bizajya bikorerwa ahanini muri iyi gereza ngo ni ibikorwa by’ubukorikori.
Abandi bagororwa batari abanyantege nke bazajya bazanwa muri iyi gereza ni abazajya baba bakenewe mu mirimo iba iri gukorwa mu mujyi wa Muhanga cyangwa n’ahandi bakenerwa nko mu bwubatsi. Abazajya bazanwa aha bazajya bamara igihe kuri iyi gereza bitewe n’igihe bakenewe aho bakorera.






