News »

UN tribunals: Presidents say deadline impossible

June 16, 2013 – 6:34 am |

The presidents of the UN tribunals prosecuting alleged war criminals from the conflicts in the 1994 Rwanda genocide and the former Yugoslavia have said that they will not meet the UN Security Council deadline to …

Read the full story »
Bills and Laws
Courts & Agencies
Forum
Human Rights
Legal Aid
Home » Services

Rwanda : Amagereza niyo atahiwe mu guca nyakatsi-Misitiri Musa fazili

Submitted by on July 21, 2012 – 10:13 amNo Comment

Amagereza niyo atahiwe muMinisitiri w’umutekano mu gihugu, Musa fazil Harerimana aratangaza ko nyuma yo guca nyakatsi mu baturage, noneho hagezweho kuzica no mu magereza kuko nayo atuwe n’abanyarwanda.

Ibi Minisitiri Harerimana yabitangaje ubwo yasuraga gereza ya Muhanga ku itariki 11/07/2012. Akaba yarahasanze amazu adasobanutse abagororwa babamo kubera ubucucike bw’ababa muri gereza.

Aya mazu bita nyakatsi akaba ahanini yubakishijwe amahema, n’ibindi bitabugenewe mu kubaka inzu nk’ibijerekani, ingunguru n’ibindi.

Minisitiri akaba avuga ko izi nyakatsi mu gihugu hose zigomba gushiraho vuba kuko no muri gereza abahaba ari abanyarwanda.

Ati: “nta munyarwanda ukwiye kuba akiba muri nyakatsi kuko namwe muba muri gereza gahunda nziza za leta zirabareba kuko muri Abanyarwanda kandi umunyarwanda aho ari hose afite agaciro niyo mpamvu namwe mugomba kuba mwavuye muri nyakatsi”.

Minisitiri Hareririmana avuga kandi ko amagereza agiye gusanwa akubakwa ku buryo bufite isuku kandi buha ubuzima bwiza abagororwa muri gereza. Aha hakaba hateganywa gusakambura amabati ya fro-ciment bivugwa ko atera indwara ya kanseri.

Amagereza atari make ndetse n’ibindi bigo bya leta usanga ahanini bigishakajwe aya mabati. Minisitiri avuga ko mu gihe aya mabati azaba agiye gukurwaho bazabanza kuba bimuye abagororwa aho bagiye kuyakuraho kugirango atabagiraho ingaruka.

Ibi bikorwa bizajyana no kugabanya ubucucike mu magereza, Minisitiri Harerimana ati: “ntabwo dushaka ubucucika mu magereza, niba ari umwanya wagenewe umuntu umwe ujyemo umuntu umwe aho kuba abantu batatu”.

Iyi gahunda igomba kuba yarangiye gukorwa mu kwezi kwa munani uyu mwaka 2012 kugirango hazabe harangijwe guca ikibazo cy’ubucucike. Bamwe mu bagororwa bakazajya bimurirwa mu yandi magereza adafite abantu benshi.

 

 

 

 

 

Leave a comment!

Add your comment below, or trackback from your own site. You can also subscribe to these comments via RSS.

Be nice. Keep it clean. Stay on topic. No spam.

You can use these tags:
<a href="" title=""> <abbr title=""> <acronym title=""> <b> <blockquote cite=""> <cite> <code> <del datetime=""> <em> <i> <q cite=""> <strike> <strong>

This is a Gravatar-enabled weblog. To get your own globally-recognized-avatar, please register at Gravatar.

Follow

Get every new post delivered to your Inbox

Join other followers